Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda y’abagore y’umukino wa sitting volleyball, yegukanye shampiyona Nyafurika 2024 yaberaga muri Nigeria itsinze Kenya ku mukino wa nyuma, mu bagabo yegukana umwanya wa gatatu.
![U Rwanda rwegukanye Shampiyona Nyafurika mu bagore muri Sitting Volleyball U Rwanda rwegukanye Shampiyona Nyafurika mu bagore muri Sitting Volleyball](https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/20240204_104323-2.jpg)
Ni umukino utagoye ikipe y’u Rwanda, dore ko iseti ya mbere aba Banyarwandakazi bayitsinze ku manota 25 kuri 12 ya Kenya, iya kabiri bayitsinze ku manota 25-14 mu gihe iya nyuma ariyo ya gatatu bayitwaye ku manota 25 kuri 21 ya Kenya.
Uretse kwegukana igikombe, ikipe y’u Rwanda yanabonye itike y’imikino Paralempike izabera i Paris muri Kanama uyu mwaka.
Ikipe y’Igihugu y’abagore ni ku nshuro ya gatatu yikurikiranya igiye kwitabira imikino Paralempike. Ku nshuro ya mbere u Rwanda rwitabiriye mu 2016 ubwo iyi mikino yaberaga muri Brazil, ku nshuro ya kabiri hari 2021 ubwo imikino yaberaga Tokyo mu Buyapani, icyo gihe ho u Rwanda rwakoze amateka rutsinda ikipe y’Igihugu y’u Buyapani amaseti 3-0, rukaba Igihugu cya mbere cyo munsi y’ubutayu bwa Sahara cyatsinze umukino mu mikino Pararempike.
![](https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/20240204_104521.jpg)
Mu bagabo u Rwanda ntabwo rwahiriwe n’iyi shampiyona Nyafurika, kuko rutashoboye kugera ku mukino wa nyuma dore ko rwasezerewe muri 1/2 na Maroc rutsinzwe amaseti 3-2. Ibi byatumye rwegukana umwanya wa gatatu nyuma yo gutsinda Algeria amaseti 3-0.
![](https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/20240204_104508.jpg)